Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Maroc irihaniza Adidas kubera 'jersey' nshya yakoreye Algeria
Minisiteri yâumuco ya Maroc irashinja uruganda rwa Adidas kwiyitirira umuco wa Maroc ku myenda mishya yâabakinnyi bâikipe yâigihugu ya Algeria.
Adidas yo yatangaje ko âdesignâ yâiyi myenda ishingiye ku bugeni buboneka mu ngoro yitwa Mechouar Palace (Palais Mechouar) yo muri Algeria.
Gusa âdesignâ yâibara ryâubururu bukase mu mirongo, icyatsi cyerurutse nâumuhondo izwi cyane nka zellige muri Maroc, nkâuko umunyamategeko wa minisiteri yâumuco yaho abivuga.
Ibi bihugu bituranye bifitanye amateka maremare yâamahari, mu gihe bikomeje no gushyamirana kubera igihugu kitaremerwa hose ku isi cya Western Sahara.
Umunyamategeko Mourad Elajouti yanditse kuri Facebook ko yaburiye Adidas mu buryo bwâamategeko, mu izina rya minisiteri yâumuco ya Maroc.
Mu ibaruwa yandikiye Kasper Rorsted ukuriye iyi kompanyi, Mourad yavuze ko iyo âdesignâ nshya ari ukwiyitirira umuco kandi ari âugushaka kwiba kimwe mu bintu ndangamurage wa Maroc no kugikoresha hanze yâigisobanuro cyacyo."
Yasabye uru ruganda rukora imyambaro ya siporo rwo mu Budage guhagarika iyi âdesignâ bitarenze ibyumweru bibiri.
BBC yasabye Adidas kugira icyo ivuga kuri ibi, ariko nta cyo irabivugaho.
Algeria na Maroc bisangiye umupaka wa 2,000km, wakomeje kuba impamvu yâamakimbirane kuva byabona ubwigenge ku bukoroni bwâUbufaransa.
Mu 1963, byarwanye intambara yiswe âIntambara yâumucangaâ kuko Maroc hari ubutaka yavugaga ko Algeria yabatwaye.
Nyuma, Algeria yashyigikiye ishyaka Polisario Front ryaharaniye ubwigenge bwâakarere ka Western Sahara ngo kave kuri Maroc, bituma haba intambara yo mu 1975 â 1991.
Umupaka wâibi bihugu wafunzwe mu 1994 kubera impamvu zâumutekano nyuma yâuko abahezanguni biyitirira Islam baturikije ibisasu muri hoteli yo mu mujyi wâamateka wa Marrakesh muri Maroc.
Vuba aha mu 2021, Algeria yahagaritse umubano wose wa dipolomasi nâumuturanyi wayo, ishinja Maroc âibikorwa byâinabiâ. Maroc yavuze ko ibi ari igikorwa âkidafite impamvu.â