Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

IKIBIRIRAHO, Trump yakangishije kurasa inshuti y'Amerika, Oman, niba 'yitambitse mu nzira' ku masezerano na Iran

Icyo gikangisho cya Trump kuri Oman, na yo imaze igihe igirana ibiganiro na Iran bigamije kongera gufungura Umuhora wa Hormuz, kibaye mu gihe igihe cy'iminsi 60 cyo kugira ngo habeho ibiganiro by'amahoro kirangiye.

Incamake

Trump yakangishije kurasa inshuti y'Amerika, Oman, niba 'yitambitse mu nzira' ku masezerano na Iran

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana na Latifa Mutesi

  1. Zambia: Hakainde Hichilema yatangajwe ko yatsinze amatora ya perezida

    Perezida wa Zambia Hakainde Hichilema yatangajwe ko yatsinze amatora ya perezida yabaye muri uku kwezi, nyuma yo kubona amajwi arenga 60% by'amajwi yemewe y'abatoye.

    Komisiyo y'amatora ya Zambia (ECZ) yatangaje ibyavuye mu matora nyuma yo kubarura no guhuza amajwi yo mu duce 226 abaturage batoreyemo, igaragaza ko Hichilema wo mu ishyaka UPND yatsinze ku majwi 2,965,326, angana na 60.49%.

    Inkuru irambuye hano

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Trump yakangishije kurasa inshuti y'Amerika, Oman, niba 'yitambitse mu nzira' ku masezerano na Iran

    Perezida w’Amerika Donald Trump yakangishije kurasa Oman – inshuti y’Amerika – niba “yitambitse mu nzira” y’ibiganiro ubutegetsi bwe bugirana na Iran, nkuko bitangazwa n’igitangazamakuru Fox News cyo muri Amerika.

    Amerika na Oman, buri gihugu ukwacyo, bimaze igihe bigirana ibiganiro na Iran bigamije kongera gufungura Umuhora wa Hormuz, inzira y’amazi y’ingenzi cyane ku bukungu bw’isi. Hashize amezi hafi atandatu ahanini iyo nzira ifunze mu gihe cy’intambara hagati y’Amerika na Iran.

    Umunyamakuru wa Fox yavuze ko Perezida w’Amerika yashyize icyo gikangisho kuri Iran ubwo yakoreshaga imvugo nyandagazi mu kiganiro bagiranye kuri telefone.

    Mbere yaho ku wa mbere, abategetsi bo muri Iran bavuze ko bari bari hafi kugera ku masezerano na Oman. Hagati aho, ejo hazaza h’ibiganiro hagati y’Amerika na Iran ntihasobanutse neza kuko amasezerano y’ubwumvikane (cyangwa mu Cyongereza ‘Memorandum of Understanding’, MoU) hagati y’impande zombi arangije igihe cyayo.

    Aganira n’abanyamakuru ku wa mbere ari mu cyumba cyitwa Oval Office byo mu biro bye bya White House, Trump yabajijwe na BBC News niba arimo gushaka kongerera igihe iyo MoU, nuko arasubiza ati: “Oya.”

    Kuva Amerika na Israel biteye Iran muri Gashyantare (2) uyu mwaka, Iran ahanini yafunze Umuhora wa Hormuz – unyuramo hafi kimwe cya gatanu cy’ibikomoka kuri peteroli bikoreshwa ku isi ndetse ubusanzwe unanyuramo gaze itunganyije. Kongera kuwufungura byakomeje kuba ingingo y’ingenzi y’ibiganiro.

    Oman ihana imbibi mu majyepfo n’uwo Muhora ndetse ivuga ko ari igihugu kidafite uruhande kibogamiyeho muri iyi ntambara. Ariko Oman yibasiwe n’ibitero byinshi bya Iran ndetse ubu irimo kugira uruhare rukomeye mu biganiro na Iran byo kongera gufungura iyo nzira yo mu mazi.

    Amerika yakomeje ibikorwa byayo byo gutuma uwo Muhora wongera gufungurwa. Umunyamakuru Trey Yingst wa Fox yasubiyemo amagambo ya Trump agira ati: “Niba Oman yitambitse mu nzira, tuzabamishaho ibisasu kugeza amabyi abavuyemo.”

    Ntibisobanutse neza icyo Trump atekereza ko cyaba ari ukwitambika intego ze kuri aya masezerano.

    Muri icyo kiganiro na Fox, Trump yanavuze ko Amerika ifite uburyo bwo ku ruhande ivuganamo mu buryo butaziguye n’umutwe wihariye wo mu ngabo za Iran witwa ‘Islamic Revolutionary Guard Corps’ (IRGC), umutwe wa gisirikare ukomeye ufite ijambo rikomeye mu bukungu na politike muri Iran.

    Umuvugizi wa IRGC yahakanye ibivugwa na Trump.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.