Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Rwanda: Umugore uri mu baregwa ku nzoga zitujuje ubuziranenge yasabye kurekurwa agasanga uruhinja
- Umwanditsi, Jean Claude Mwambutsa
- Igikorwa, BBC Gahuzamiryango i Kigali
- Yatangajwe
- Igihe co gusoma: iminota 3
Abakozi bane bashinzwe ubugenzuzi mu kigo cy'ubuziranenge bw'ibiribwa n'imiti mu Rwanda (Rwanda FDA), ku wa gatatu bagejejwe imbere y'urukiko rw'ibanze rwa Kicukiro mu mujyi wa Kigali, bahakana ibyaha bashinjwa bifitanye isano n'inzoga zitemewe bivugwa ko zagize ingaruka ku bantu zirimo n'urupfu.
Ubushinjacyaha busaba ko aba bakomeza gufungwa kugira ngo bukomeze iperereza ariko bo bagasaba kurekurwa by'agateganyo kuko bavuga ko nta kibi bakoze mu nshingano zabo.
Aba bakozi bashinjwa gukoresha inshingano z'akazi kabo mu nyungu zabo bwite.
Baregwa kudafata imyanzuro igira inama yo gufunga zimwe mu nganda nyamara zarakoraga ibinyuranye n'amategeko.
Aba bagore batatu n'umugabo umwe baregwa ibyaha bifitanye isano n'inzoga zitujuje ubuziranenge ubushinjacyaha buvuga ko zagize ingaruka zirimo n'impfu ku bazinyoye.
Baregwa kwirengagiza inshingano zo kugira inama leta yo gufunga inganda basanze zikora ibitemewe.
Ibyo ni ukutuzuza ibisabwa byose, kutagira inzobere zikurikirana imyengere y'inzoga no kutagira isuku kuri zose, hakiyongeraho imikoreshereze mibi y'ikinyabutabire cya 'ethanol'.
Alice Muhimpundu aregwa kudasaba ifungwa ry'uruganda rwenga inzoga rwitwa Tera imbere Agri Business yagenzuye kandi rutari rwujuje ibisabwa.
Muhimpundu avuga ko igenzura yakoze mu mwaka ushize muri uru ruganda ryasanze rwujuje ibyasabwaga. Yakomeje avuga ko kuba iperereza rishya ryaragaragaje ibindi, atabibazwa kuko ryabaye nyuma y'umwaka kandi we nta ruhare yarigizemo.
Ibi birego birasa n'ibiregwa mugenzi we, Elisabeth Uwamahoro.
Uyu avuga ko nta cyo yari akwiriye gukurikiranwaho kuko icyo gihe yari umuntu wimenyereza umwuga utagira ijambo rikomeye mu byemezo by'ikigo.
Uyu mubyeyi, byagaragaraga ko adatekanye, yavuze ko afite uruhinja rw'amezi atandatu yasigiye umukozi kuko atabana na rwo muri gereza.
Yasabye kurekurwa kuko asanga nta mpamvu yatuma afungwa ariko nanone ngo akajya gutabara uruhinja rwe rumaze iminsi 21 batari kumwe.
Claudine Niyigena, na we wari umugenzuzi, aregwa kudasaba ifungwa ry'uruganda rwa African Buffalo kandi rutari rwujuje ibisabwa ubwo rwagenzurwaga.
Avuga ko yasanze uruganda rudakora kubera ko rwari rutarahabwa icyangombwa.
Ubushinjacyaha buvuga ko nta mukozi ushinzwe umusaruro wari uri mu ruganda ubwo Niyigena yakoragayo igenzura. Gusa we avuga ko atari igitangaza kuba atarahasanze umukozi nk'uwo kuko uruganda rutakoraga.
Patrick Rwabukumba we yari umukozi ushinzwe ubuziranenge bw'imiti. We aregwa ko atasabye ifungwa ry'uruganda Kerry Taste rukora ibyongera uburyohe, ibara n'impumuro mu biribwa n'ibinyobwa.
Rwabukumba uvuga ko mu nshingano ze hatarimo kugenzura inganda, ngo yiyambajwe ngo afashe itsinda rihuriwemo n'inzego zitandukanye.
Avuga ko yafunzwe by'akarengane kuko ari we wenyine wafashwe mu bari bagize itsinda.
Rwabukumba avuga ko we n'abandi bari bahuriye mu itsinda bagaragaje ko basanze ikinyabutabire cya 'ethanol' mu ruganda rwa Kerry Taste kandi ko uruganda rutashoboye kugaragaza inkomoko yacyo.
Uretse aba bakozi bane, umuyobozi wabo Emile Bienvenu na we yari yanyuze imbere y'umucamanza ku wa kabiri, aho yashinjwe gutanga icyangombwa cy'imikorere cya 'Food Business Operation' ku ruganda rukora ibirimo inzoga n'ibiribwa rw'umunyemari Sina Gérard.
Ubushinjacyaha buvuga ko yabikoze atabifitiye ububasha mu gihe we yemeza ko cyatanzwe n'umwungirije kuko we yari mu rugendo rw'akazi hanze y'igihugu.
Icyemezo cy'urukiko ku ifungwa n'ifungurwa ry'agateganyo gitegerejwe ku itariki ya mbere y'ukwezi kwa cyenda.